Narazitsembye nkijya kubyibuha
Insigazwa yazo nimundebe ».
Ni bwo Mutembe amwanzuranije,
Ati «reka abeshye Umwami mwumve!
Ubwo duheruka kuza i Save,
Ntabwo wishe ingurube ikuruta?
Nta n'urwandiko waturatiye
Rw'umuzungu utuye i Rubona
Rw'uko utunze ingurube z'iwe,
None ucurikiranye izo ndahiro?»
Sendashonga agira Mutembe,
Ati «urasesereza ibirego cyane!
Aho yazirazaga se uhavuze utyo,
Abanyazi bahatumwe zigashirayo,
Twabigira dute ku itariki?
Jya uhakoza agatima wibwire,
Wibuke guhina amagambo!
Ahubwo va ku giti dore umuntu :
Bwira Umwami interuro yawe
Yo kuba uri inganzamarumbo!
Ingurube z'ibicece z'ubwoko,
Uzifite yivamo nk'inopfu!
Umwami abyendera mu kirere,
Ati «Erega ni ukuri ko Mutembe!
Gira uturangire izigutunga,
Ubwoko bwazo aho wabusanze,
Undi ati «iyo ubimbaza utyo tukiza,
Mba nabirangije kare kose!
Ndabikubwira usange ari uko!
Ubwo ugarukiye mu Nyakibanda,
Nta Mupadiri wahasanze?
Ubumiramize abarusha Rubanda,
Akaba ari jyewe umunyura heza!
Nta bwo agereranywa mu mubyimba;
Izina yahawe ry'ubwo bwema, .../...
Ibikurikira murabisanga kuri paji Indyoheshabirayi (7)